Abakozi ba SGF bahuguwe ku kwirinda inkongi no kuzizimya
Mu rwego rwo kongerera abakozi ubumenyi bwo gukumira no guhangana n'inkongi z'umuriro, ku wa 15 Nyakanga 2026, ku cyicaro cya Special Guarantee Fund (SGF) habereye amahugurwa yateguwe na minisiteri y’umutekano ku bufatanye na Polisi y'u Rwanda n'Umujyi wa Kigali.
Aya mahugurwa agamije gukangurira abakozi ba Leta kwirinda impanuka ziterwa n'inkongi z'umuriro, kubigisha uburyo bwo kuzikumira, ndetse no kubongerera ubushobozi bwo gutabara mu gihe zibaye.
Afungura ku mugaragaro aya mahugurwa, Umuyobozi Mukuru w'Agateganyo wa SGF, Madamu Nibakure Florence, yashimiye inzego zateguye kandi zigatanga aya mahugurwa, agaragaza ko ari ingenzi mu kubungabunga ubuzima bw'abakozi n'umutekano w'umutungo w'ikigo.
Bwana Ruboneza Clement, wari uyoboye itsinda ry'abatanze amahugurwa, yavuze ko ubugenzuzi bwakozwe bwagaragaje ko, n'ubwo amategeko n'amabwiriza ajyanye no gukumira inkongi ahari, umuco wo kwirinda no kwitegura guhangana n'izi mpanuka ugikenewe kongerwamo imbaraga.
Yatanze urugero rw'uko abantu benshi bagendana kizimyamwoto mu modoka nk'uko amategeko abiteganya, ariko igihe imodoka ifashwe n'umuriro bakabura ubumenyi bwo kuyikoresha, bikarangira imodoka ikongotse kandi nyamara yari gushoboka kuyizimya hakiri kare.
Nyuma y'inyigisho zatanzwe, habaye imyitozo ngiro aho abakozi ba SGF berekanye uburyo bwo gukoresha kizimyamwoto ndetse banahabwa umwanya wo kubigerageza ubwabo. Bakoze imyitozo yo kuzimya umuriro bakoresheje ibikoresho byabugenewe, bagaragaza ko bungutse ubumenyi n'ubushobozi bwo gutabara mu gihe habaye inkongi.