SGF yakinnye umukino wa gicuti n’Ikipe y’Inteko Ishinga Amategeko
Ku wa 03 Ukuboza 2025, Ikipe ya Special Guarantee Fund (SGF) yakinnye umukino wa gicuti wa volleyball n’ikipe y’Inteko Ishinga Amategeko, umukino wabereye ku kibuga cya World Mission School Volleyball Court i Kinyinya.
Uyu mukino wari ugamije gukomeza imyiteguro y’imikino ihuza ibigo by’abakozi ba Leta, aho SGF iri mu itsinda ririmo Ministeri y’Ubuzima (MINISANTE) na Rwanda Airports Company (RAC). Imikino nk’iyi ifasha amakipe kongera imbaraga, guhuza abakinnyi no kongera ubunararibonye.
Muri uyu mukino, ikipe y’Inteko Ishinga Amategeko ni yo yegukanye intsinzi itsinze ikipe ya SGF amaseti 3 kuri 1. N’ubwo SGF yatsinzwe, umukino waranzwe n’ubwitange, ubusabane n’umwuka mwiza usanzwe Uranga imikino ya gicuti.
Nyuma y’umukino, abayobozi b’amakipe yombi bagiranye ibiganiro bigamije gukomeza no guteza imbere umubano mwiza usanzwe hagati ya SGF n’Inteko Ishinga Amategeko. Uyu wari umukino wa kabiri wa gicuti ukinwe, nyuma y’umukino hemejwe ko iyi mikoranire izakomeza no mu bihe biri imbere, igihe cyose bibaye ngombwa.
SGF ikomeje kwiyemeza gushyigikira siporo nk’umwe mu musingi w’ubuzima bwiza, imikoranire myiza n’imyitwarire myiza y’abakozi, inashimira ikipe y’Inteko Ishingamategeko ku mukino mwiza wabaye mu mwuka w’ubupfura n’ubucuti.